RUGALIKA: HATANGIRIJWE KU RWEGO RW’AKARERE UMWAKA W’UBWISUNGANE MU KWIVUZA 2024/2025.
Kuwa 16 Mata 2024 mu Tugari twose hatangijwe umwaka w’ubwisungane mu kwivuza hanasozwa ku mugaragaro gahunda ya mutuweli y’uyu mwaka turi gusoza w’ingengo y’imari 2023/2024.
Mu Murenge wa Rugalika, Akagari ka Sheri niho ku rwego rw’Akarere hatangirijwe igikorwa cy'ubukangurambaga bwa Mituweli y'umwaka wa 2024/2025 cyatangijwe ku mugaragaro n'Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi Dr.NAHAYO Sylvere wakiriwe mu Nteko y'abaturage n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rugalika, Bwana Nkurunziza Jean de Dieu.
Impamvu iyi gahunda yabereye muri uyu Murenge, ni mu rwego rwo kubakangurira kwihutisha igikorwa cyo kwitabira kwishyura Mituweli kuko uyu mwaka usoje bari ku mwanya wa nyuma mu rwego rw'Akarere.


Muri iyi nteko y'abaturage, umukozi w'Akarere Bwana Kabera Innocent yibukije abayitabiriye ko mu rwego rwo kwihutisha igikorwa cyo kwishyura Mituweli hakiri kare bakoresha uburyo bwa Byikorere biyishyurira mituweli bakoresheje telefoni zabo ngendanwa aho bakanda *909# bagakurikiza amabwiriza.
Muri iki gikorwa kandi Umuyobozi w'Akarere yashyikirije Umurenge wa Kayenzi n'Akagari ka Mukinga mu Murenge wa Nyamiyaga ashimira abaturage b'uwo Murenge n'ako Kagari kuba barabaye Indashyikirwa mu kwitabira Mituweli ya 2023/2024.
