MINISITIRI W’IBIDUKIKIJE YASUYE IMWE MU MISHINGA Y’AKARERE
Tariki 31 Mutarama 2025 ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Dr. Nahayo Sylvere hamwe n'abagize inama y'umutekano itaguye y'Akarere; Dr.Uwamariya Valentine Minisiteri w'Ibidukikije akaba n'imboni y'Akarere ka Kamonyi muri Guverinema y'u Rwanda yasuye ibikorwa by’iterambere mu Mirenge ya Nyamiyaga na Mugina byakozwe mu mushinga Green Amayaga.

Muri uru ruzinduko harebwe amashyamba yatewe hamwe n'ibiti bivangwa n'imyaka mu rwego rwo kugarura urusobe rw'ibimera mu gice cy'Amayaga. Hasuwe imirwanyasuri yatunganyijwe mu Kagari ka Mukinga, uburyo bwo kurondereza ibicanwa kuri GS Saint Ignace Mugina (harebwe gaz yunganira mu gutegura amafunguro y'abanyeshuri). Hasuwe n'ubuhinzi bw'inkeri muri Green House, hamwe n'inganda z’umuceri, kawunga na briquettes ku Mukunguri mu Murenge wa Mugina. Iyi gahunda yabimburiwe no kuganira n'abakozi ku Karere aho Umuyobozi w'Akarere yagaragaje ishusho y'Akarere muri rusange.
